Friday, April 26
Shadow

Author: MUKERARUGENDO Admin

Volleyball: Ibigwi n’amateka bya Groupe Scolaire y’i Butare

Volleyball: Ibigwi n’amateka bya Groupe Scolaire y’i Butare

Imikino
Urwunge rw’Amashuri rw’i Butare ni ishuri rifite amateka aremereye mu ireme ry’uburezi no mu bikorwa bya siporo. Mu myaka yashize Groupe Scolaire yaramamaye cyane mu mikino haba mu mupira w’amaguru no muri volleyball ari na yo tugiye kwibandaho. Mu myaka ya vuba, ba Padiri Emmanuel Kayumba na Pierre Celestin Rwirangira bakunze kugarukwaho nka bamwe mu bayobozi ba Groupe Scolaire bashyigikiye volleyball nyuma ya jenoside yakorewe abatutsi. Gusa umusingi w’ubuhangange w’iri shuri rikunda kwitwa Indatwa wubakiye ku bafurere b’abashariti (Frères de la Charité) bayoboye iki kigo bakakigeza ku gasongero ka volleyball yo mu Rwanda. Mu myaka ya za 1980 ishyira za 90, abafurere nka Gaston na Bernard bakoze akazi gakomeye, bashimangira ibyari byaratangijwe n’abababanjirije, aho intego yari...
Uwaciye umutwe ikibumbano arashakishwa uruhindu

Uwaciye umutwe ikibumbano arashakishwa uruhindu

Ayandi
Ikibumbano cya Béatrice wa Savoie kiri ahitwa Auvergne - Rhônes - Alpes mu Bufaransa cyaciwe umutwe ku itariki ya 31 Ukwakira 2023. Umuyobozi wa komine ya Echelles aho iki kibumbano giherereye ayatangaje ko bari mu rujijo kandi bafite ubwoba batewe n’icyo gikorwa cy’ubugizi bwa nabi. Yongeraho ko abashinzwe umutekano barimo gukora uko bashoboye ngo bafate uwakoze icyo cyaha akanirwe  urumukwiye. Iki kibumbano cya Béatrice wa Savoie cyabumbwe mu rwego rwo guha icyubahiro uwo mugore wahoze ari umuyobozi muri Provence akaba yarabayeho mu kinyejana cya 18. yafatwaga nk’umugiraneza n’umunyabuntu kubera ibyiza yakoreraga abaturage. Cyatashywe ku mugaragaro mu mwaka wa 2016 Genti KABEHO
Céline Dion yongeye kugaragara mu ruhame

Céline Dion yongeye kugaragara mu ruhame

Ayandi, Imyidagaduro
Nyuma yo gufatwa n’uburwayi bw’imyakura bwakomye mu nkokora ibikorwa bye bya muzika, umuhanzikazi w’Umunyakanada Céline Dion yongeye kugaragara mu ruhame atanga ikizere cy’uko arimo koroherwa. Ku itariki ya 30 Ukwakira 2023, uyu muririmbyikazi w’icyamamare yagiye kureba umukino wa Hockey wabereye i Las Vegas wari wahuje ikipe ya Golden Knights na Montreal. Icyo gihe yagaragaraga nk’umuntu umeze neza ku  buryo abenshi batangiye kugira ikizere cy’uko yaba agiye koroherwa akagaruka gususurutsa abakunzi be mu bitaramo. Céline Dion yari aherekejwe n’abahungu be batatu ari bo René Charles w’imyaka 22, n’impanga ze Nelson na Eddy b’imyaka 13. Uburwayi bwa bw’uyu muhanzikazi ni uburwayi budasanzwe bufata imyakura bugaca intege ubufite. Kuri Céline Dion bwamugizeho ingaruka zikomeye ku bu...
Volleyball: Amateka y’ikipe ya Seminari Ntoya y’i Butare

Volleyball: Amateka y’ikipe ya Seminari Ntoya y’i Butare

Imikino
Seminari Ntoya y’i Butare iherereye mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo. Iri shuri rifite akabyiniriro k’Isonga y’Ayisumbuye kubera imyitwarire myiza mu nzego zitandukanye nk’ikinyabupfura, kugira abanyeshuri b’abahanga, ubuyobozi bufite indangagaciro nziza, abarimu b’intangarugero, ubuhangange muri muzika no mu mikino. Abazi neza amateka y’iri shuri ryubatse ku musozi wa Karubanda hafi ya gereza, bemeza ko iri zina ry’igisingizo ryazanywe n’umwe mu barimu bahigishije amasomo y’indimi yitwaga Frodouard Sentama wakomokaga mu muryango w’abasizi na we ubwe akaba yari umusizi, waje guhitanwa na jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994. By’umwihariko, ikipe ya Seminari Ntoya Virgo Fidelis yari ihagaze neza mu mikino haba mu ngororamubiri, umupira w’amaguru, basketball ariko cyane cyan...
Yashakanye n’umwana yareraga arusha imyaka 31

Yashakanye n’umwana yareraga arusha imyaka 31

Ayandi
Umurusiyakazi Aisylu Chizhevskaya Mingalim w’imyaka 53 yarongowe na Daniel Chizhevsky ufite imyaka 22 akaba ari umwana w’umuhungu yareraga (fils adoptif). Ikinyamakuru Daily Mail cyandikirwa mu Bwongereza kivuga ko uyu mugore ukomoka ahitwa i Tatarstan mu Burusiya yafashe umwanzuro wo kubana akaramata n’uwo yareraga nk’imfubyi. Inkuru y’aba bombi yatangiye ubwo Aisylu yajyaga ajya kwigisha isomo rya Muzika mu kigo k’imfubyi aho Daniel yarererwaga. Bamenyanye uyu muhungu akiri muto afite imyaka 13. Aisylu yahisemo guhita amujyana iwe ngo amubere umwana (fils adoptif). Uko umwana yagendaga akura ibyabo byahindukagamo urukundo kugeza ubwo bashyingiranywe mu mpera z’uku kwezi gushize k’Ukwakira 2023. Ibirori by’ubukwe bwabo byabereye muri resitora iherereye mu mugi wa Kazan. Aisylu C...
Ikipe ya Etoile de l’Est yirukanye abatoza bayo

Ikipe ya Etoile de l’Est yirukanye abatoza bayo

Imikino
Inkundura yo kwirukana abatoza irakomeje mu makipe yo muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda. Ku wa gatandatu tariki tariki 28 Ukwakira 2023 ubuyobozi bw’ikipe ya Etoile de l’Est yo mu Ntara y’i Burasirazuba bwatangaje ko bwatandukanye n’abari abatoza bayo, umutoza mukuru n’umutoza wungirije. Maurice Nshimiyimana uzwi nka Maso wari umutoza mukuru na Karim Habimana bavuye muri Etoile de l’Est nyuma y’umukino batsinzwemo na Kiyovu Sport ibitego 6 kuri kuri 1 ku wa gatanu tariki ya 27 Ukwakira 2023 kuri Stade yitiriwe Pélé i Nyamirambo mu mukino w’umunsi wa 9 wa shampiyona. Ibi byatumye iyi kipe ikomeza kumanuka ku rutonde rw’gateganyo, aho iri ku mwanya wa 14 n’amanota 7. Abayobozi ba Etoile de l’Est bemeza ko umwanzuro wo gutandukana n’abatoza bayo wavuye mu biganiro byabay...
Wari uzi ko imvubu igira amahane kurusha intare?

Wari uzi ko imvubu igira amahane kurusha intare?

Ibyiza nyaburanga
Imvubu ni inyamaswa y’inyamabere iba mu biyaga no mu nzuzi. Iyi nyamaswa igira amahane atangaje ku buryo ubukana bwayo busumba ubw’izindi nyamabere zirimo n’intare. Mu bikorwa byakwitwa iby’urugomo by’imvubu harimo kona imyaka ihinze hafi y’ibyanya byayo nko mu bishanga no mu bibaya. Gusa ubukana bwayo ntibugarukira ku kwangiza no kurya ibihingwa gusa, kuko n’abantu ntabwo ibarebera izuba cyane cyane iyo yarakaye. Buri mwaka imibare igaragaza ko abantu bicwa n’imvubu buri mwaka ku isi yose baruta abicwa n’intare. Ibi bisobanuye ko imvubu ari izo kwitonderwa. N’ubwo ari indyabyatsi ariko zirya n’inyama. Imvubu ntitinya gusatira umuntu no kumwirukankana mu gihe ishaka ko yamubera umuhigo. N’ubwo igaragara nk’inyamaswa iremereye kubera imiterere yayo, ishobora kunyaruka ku muvuduko ...
Amatora ya FERWACY: Ejo hazaza ntihagaragara neza

Amatora ya FERWACY: Ejo hazaza ntihagaragara neza

Imikino
Nyuma y’uko komisiyo y’amatora mu Ishyirahamwe ry’Umukino wo Gusiganwa ku Magare mu Rwanda FERWACY yongeye gutangaza abakandida bazahatana mu matora yo kuzuza inzego, bamwe mu bakurikiranira hafi uyu mukino bakomeje kwibaza ku kerekezo cy’uyu mukino. Ku mwanya wa Perezida w’iri shyirahamwe haragaragara Samson Ndayishimiye akaba ari umukandida umwe rukumbi. Uyu mugabo aje aturuka mu ikipe ya Kigali Cycling Club. Azwi cyane mu mukino wo koga ari na ho hari abantu bashidikanya ku bushobozi bwe bwo gusubiza umukino w’amagare ku rwego yahoranye mu gihe yaramuka atowe. No kuba hakomeje kugaragara umukandida umwe kuri uyu mwanya kandi na bwo akaboneka hamana ni ikindi kimenyetso cy’uko kuyobora ishyirahamwe riremereye nka FERWACY atari ikintu cyo kwisukirwa na buri wese. Mu minsi is...
Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye

Imikino
Torsten Frank Spittler Umudage w’imyaka 61 ni we wahawe akazi ko kuba umutoza mushya w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru Amavubi. Aje asimbura Umunyaespanye Carlos Ferrer wasezeye mu kwezi kwa Kanama 2023. Mu nshingano zimutegereje harimo kuyobora Amavubi y’u Rwanda mu rugamba rw’amajonjora yo gushakisha itike yo kuzajya mu gikombe k’isi mu mwaka wa 2026. Mu mateka ye nk’umutoza, Frank Spittler yagiye yibanda ku gutoza amakipe y’abana hirya no hino ku isi. Biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha ari bwo uyu mutoza azerekanwa ku mugaragaro ari na bwo azaba yitegura gushyira ahagaragara abakinnyi azifashisha mu mukino uzahuza u Rwanda na Zimbabwe ku itariki 15 Ugushyingo 2023 kuri Stade Huye i Butare mu mukino w’ikubitiro wo gushaka itike y’igikombe k’isi. Jean Claude MU...
Ibintu 5 bitangaje ku nyamaswa ya Munagajosi

Ibintu 5 bitangaje ku nyamaswa ya Munagajosi

Ibyiza nyaburanga
Munagajosi cyangwa Gasumbashyamba (giraffe) ni inyamaswa yo mu bwoko bw’inyamabere y’indyabyatsi ikarangwa no kugira ijosi rirerire. Iyi nyamaswa izwiho ibintu byinshi bitangaje, tukaba tugiye kubabwiramo bitanu muri byo. 1.Umubare w’amagufwa y’ijosi ryayo ungana n’uw’amagufwa y’ijosi ry’umuntu.    N’ubwo Munagajosi igira ijosi rirerire cyane, umubare w’amagufwa arigize ni kimwe n’umubare w’amagufwa agize ijosi ry’umuntu. Ni amagufwa 7 ku muntu no kuri Munagajosi usibye ko aya Munagajosi ari maremare kuko buri gufwa rireshya na santimetero 25. Ibi ni byo bituma iyi nyamaswa ifatwa nk’aho ari yo ndende mu zindi nyamabere zose zo ku butaka, bikaba biyifasha kurisha mu bushorishori bw’ibiti. 2.Iyi nyamaswa isinzira ihagaze.   Munagajosi iri mu nyamaswa zidakunda gusinzira arik...