Thursday, April 25
Shadow

Author: MUKERARUGENDO Admin

FERWACY: Olivier Grandjean wateguraga Tour du Rwanda yeguye

FERWACY: Olivier Grandjean wateguraga Tour du Rwanda yeguye

Imikino
Umufaransa Olivier Grandjean uyobora itsinda ryateguraga isiganwa ry'amagare Tour du Rwanda yamaze gushyikiriza Ishyirahamwe ry'Umukino wo Gusiganwa ku Magare mu Rwanda FERWACY ibaruwa isezera. Grandjean avuga ko intandaro yo gushyira iherezo ku mikoranire ya kompanyi ye na FERWACY ari uko bananizwa n'umuyobozi wa Tour du Rwanda muri iki gihe Freddy Kamuzinzi. Amakuru yizewe agera kuri Mukerarugendo.rw ni uko uyu mugabo Kamuzinzi yakunze kubangamira Olivier Grandjean na kompanyi ye mu bikorwa binyuranye bifitanye isano n'imigendekere y'iri siganwa ngarukamwaka. Uku kunanizwa Grandjean ntabwo yakwakiriye neza ku buryo ikifuzo ke cya nyuma cyari ari uko, kugira ngo akomeze imikoranire na FERWACY ari uko Kamuzinzi yabanza akavamo. Ku ruhande rw'ubuyobozi bw'ishyirahamwe FERWACY na b...
BAL 2023: Amakipe 4 azakina playoffs amaze kumenyekana

BAL 2023: Amakipe 4 azakina playoffs amaze kumenyekana

Imikino
Mu irushanwa rya Basketball League, amakipe ane yo mu itsinda rya Sahara azakina imikino ya Kamarampaka yamaze kumenyekana.   Impaka zacitse mu ijoro ryo ku wa kabiri ubwo habagaho gutungurana mu mikino ya nyuma yo mu itsinda rya Sahara mu irushanwa rya Basketball Africa League yaberaga mu nzu y’imikino ya Dakar Arena muri Senegali. Usibye ikipe ya Kwara Falcons yo muri Nijeriya yari yaramaze gukuramo akayo karenge nyuma yo gutsindwa imikino yose uko ari itanu, andi makipe atanu asigaye yari agifite amahirwe yo gukatisha itike yo kwerekeza mu mikino ya kamarampaka izabera mu Rwanda. Stade Malien yo muri Mali ni yo yabanje gutungurana mu mukino watangiye i saa kumi n’ebyiri z’umugoroba itsinda ABC Fighters yo muri Kote Divuwari amanota 90 kuri 71. Iki kinyuranyo cy’amanota ...
Amavubi yitegura Bénin yatsinzwe na Ethiopiya

Amavubi yitegura Bénin yatsinzwe na Ethiopiya

Imikino
Kuri iki cyumweru tariki 19 Werurwe 2023 ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Ethiopiya yatsinze ikipe y’u Rwanda Amavubi mu mukino wa gicuti wo kwipima. Muri uyu mukino wabereye kuri Stade Adama Science and Technology muri Ethiopia, ikipe ya Ethiopiya yatsinze u Rwanda igitego kimwe ku busa cyabonetse ku munota wa 84 w’umukino gitsinzwe na Kenean Markneh. Amavubi y’u Rwanda arimo kwitegura umukino uzayahuza na Bénin ku wa gatatu tariki ya 22 Werurwe 2023 i Cotonou muri Bénin. Ni umukino w’umunsi wa gatatu mu itsinda rya 12 mu rugendo rwo gushakisha itike yo kuzajya mu gikombe cy’Afurika k’ibihugu kizakinirwa muri Kote Divuwari mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2024. Uyu mukino wa Bénin n’u Rwanda uzabera kuri Stade de l’Amitié mu mugi wa Cotonou guhera i saa kumi n’imwe z’umugor...
BAL 2023: REG yatsinzwe umukino wayo wa mbere

BAL 2023: REG yatsinzwe umukino wayo wa mbere

Imikino
Ku wa gatandatu tariki ya 18 Werurwe 2023 ikipe ya REG basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino y’itsinda rya Sahara mu irushanwa rya Basketball Africa League yatsinzwe umukino wayo wa mbere. Ikipe ya Stade Malien yo muri Mali yatunguye abasore b’ikipe y’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda ibatsinda amanota 84 kuri 64. Uyu mukino wagabanyije amahirwe ya REG Basketball Club yo kuzarangiza ku mwanya wa mbere cyangwa uwa kabiri muri iri tsinda ririmo gukinira mu nzu y’imikino ya Dakar Arena muri Senegali. Kugira ngo iyo ntego igerweho birasaba ko Adonis Filer, Thomas Cleveland, Dieudonné Ndizeye, Pitchou Manga na bagenzi babo ba REG Basketball Club biyandayanda bagatsinda umukino ugomba kubahuza na US Monastir yo muri Tuniziya kuri uyu wa mbere tariki 20 Werurwe 2023 uteganyijwe gut...
BAL 2023: REG yatsinze umukino wayo wa 3 ibona ticket ya playoffs

BAL 2023: REG yatsinze umukino wayo wa 3 ibona ticket ya playoffs

Imikino
Nyuma yo gutsinda ikipe ya AS Douanes yo muri Senegali mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki ya 15 Werurwe 2023, ikipe ya REG Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Basketball Africa League yahise ikatisha itike yo gukina imikino ya Kamarampaka. Muri uyu mukino abasore b’umutoza Dean Murray bakomeje kugenda imbere y’AS Douanes yakiniraga mu rugo ku buryo abakinnyi hafi ya bose ba REG bitwaye neza. Uduce twose tw’umukino ni REG Basketball Club yatuyoboye. Uyu mukino warangiye ikipe y’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda itsinze AS Douanes amanota 69 kuri 55. Iyi ni ntsinzi ya gatatu ya REG Basketball Club kuko yabanje gutsinda Kwara Falcons yo muri Nijeriya ikurikizaho Abidjan Basketball Club Fighters yo muri Kote Divuwari. Ku wa gatandatu tariki ya 18 Werurwe 2023 izakina u...
Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA

Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora FIFA

Imikino
Kuri uyu wa kane tariki ya 16 Werurwe 2023 Gianni Infantino yongeye gutorerwa kuyobora Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA. Gianni Infantino yongeye kugirirwa ikizere  mu matora yabereye muri BK Arena i Remera mu nama ya Kongere ya 73 ya FIFA yakiriwe n’u Rwanda. Abatoye bakomye mu mashyi mu rwego rwo kugaragaza ko bifuza ko yakomeza kuba umuyobozi wa FIFA muri manda nshya y’imyaka ine dore ko yari umukandida umwe rukumbi kuri uwo mwanya. Uyu mugabo w’Umusuwisi w’imyaka 52 yashimiye byimazeyo inteko itora avuga ko yiteguye gukomeza guteza imbere uru rwego rushinzwe umupira w’amaguru ku isi yose. Yakomeje yizeza abari aho ko atazatezuka ku mpinduka nziza zigamije kunoza imigendekere ya ruhago. Infantino yagarutse ku mateka y’uburyo u Rwanda rwamubereye ikitegere...
DHL ni ikigo cy’ubukombe mu bwikorezi bw’ubutumwa ku isi yose

DHL ni ikigo cy’ubukombe mu bwikorezi bw’ubutumwa ku isi yose

Ayandi
Kompanyi y’Abadage DHL yamamaye ku isi yose kubera umwanya wa mbere ifite mu bunararibonye bw’ubwikorezi bwibanda byane ku mabaruwa n’ubutumwa. DHL ni impine igizwe n’amazina y’abayishinze ari bo Dalsey, Hillblom na Lynn. Iyi kompanyi ni iy’ikigo cy’Abadage cyitwa Deutsche Post. Yashinzwe mu mwaka wa 1969 ikaba yaratwaraga amabaruwa n’inyandiko hagati ya San Fransisco na Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika. Umwaka ukurikiyeho ibikorwa bya DHL byakomereje no hirya no hino ku isi. Mu mwaka wa 1998 Deutsche Post yatangiye kugura imigabane muri DHL iza kuyegukana burundu muri 2002. DHL ikoresha uburyo bwose bw’ubwikorezi ari bwo indege, imodoka, gari ya moshi n’ubwato. Mukerarugendo.rw    
BAL 2023: Ikipe ya REG yatsinze umukino wayo wa kabiri

BAL 2023: Ikipe ya REG yatsinze umukino wayo wa kabiri

Imikino
Mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 14 Werurwe 2023 ikipe ya REB Basketball Club ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League yabonye intsinzi yayo ya kabiri. Mu mukino utarayoroheye wayihuje na Abidjan Basketball Club Fighters yo muri Kote Divuwari, ikipe y’Ikigo Gishinzwe Ingufu mu Rwanda yatsinze amanota 80 kuri 73. ABC Fighters yari yakomeje kugenda imbere ya REG mu manota mu duce tubiri tubanza tw’umukino ariko abasore nka Adonis Filer, Thomas Cleveland, Ulrich Kamka Chomche, Delwan Graham na bagenzi babo bagaragaza ubunararibonye batsimbura Abdoulaye Harouna, Chistopher Obekpa na bagenzi babo ba ABC Fighters bayobowe n’umutoza w’Umunyaaustraliyakazi Liz Mills, ifirimbi ya nyuma ivuga babarusha amanota 7. Muri uyu mukino, Adonis Filer wa REG Basketball Club...
Kongere ya 73 ya FIFA igiye kubera mu Rwanda

Kongere ya 73 ya FIFA igiye kubera mu Rwanda

Imikino
Kuri uyu wa kane tariki ya 16 Werurwe 2023 i Kigali mu Rwanda hazabera kongere ya 73 y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA. Icyo gihe ni na bwo bizamenyekana niba Gianni Infantino Umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA yongera kugirirwa ikizere cyo kuzakomeza kuyobora urwo rwego muri manda nshya. Icyo gikorwa cyo gutora umuyobozi wa FIFA kizabera muri Kongere yayo ya 73 igiye kubera i Kigali mu Rwanda. Abantu barenga 1700 ni bo bagiye kuyitabira bakaba bakomoka mu bihugu 209 by’ibinyamuryango. Hatumiwe kandi abafatanyabikorwa n’abaterankunga b’iyi mpuzamashyirahamwe. Ni ku nshuro ya kane Kongere ya FIFA ibereye ku mugabane w’Afurika kuko u Rwanda ruyakiriye nyuma ya Maroke, Afurika y’Epfo n’Ibirwa bya Morisi. By’umwihariko, ni bwo bwa m...
BAL 2023: REG Basketball Club yatangiye neza

BAL 2023: REG Basketball Club yatangiye neza

Imikino
Mu irushanwa rya Basketball Africa League ririmo guhuza amakipe atandatu yo mu itsinda rya Sahara, ikipe ya REG Basketball Club ihagarariye u Rwanda yatsinze umukino wayo wa mbere. Mu mukino wahuje iyi kipe y’Ikigo Gishinzwe Ibirebana n’Ingufu mu Rwanda na Kwara Falcons yo muri Nijeriya ku cyumweru tariki 12 y’ukwezi kwa 3, REG Basketball Club yatsinze amanota 64 kuri 48. Abakinnyi nka Adonis Filer, Delwan Graham na Thomas Cleveland bari mu bigaragaje cyane muri uyu mukino. Ku ruhande rza Kwara Falcons abakinnyi nka Anthony Wilson na Ruot Monyyong bari batangiranye imbaraga ariko zigenda zigabanuka buhoro buhoro. Iyi ntsinzi ya mbere y’umutoza Dean Murray wa REG Basketball club ni intambwe nziza kuri iyi kipe ifite inshingano zo kongera kwegukana umwanya wa mbere mu itsinda rya S...